“Kwikingiza Covid-19 ni ugushyira mu gaciro”: Dr Mpunga Tharcisse

Kuri uyu wa 27 Kanama 2021, Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubuzima Dr Mpunga Tharcisse yigereye aho abaturage bari gukingirwa Covid-19 kuri stade ya Bugesera, anasura ahubakwa ibitaro byimukanwa biri kubakwa ku bitaro by’Akarere ka bya Nyamata bizafasha abarwayi ba Covid-19. Dr Mpunga yashimiye abitabiriye ikingira avuga ko ari ugushyira mu gaciro. Ati : “Buri muntu wese yagombye gushyira mu gaciro kubera ko nta mpamvu ubuza umuntu kurwara cyangwa kwicwa a Covid-19”.

Dr Mpunga avuga ko igikorwa cyo gukingira kiri gutanga umusaruro, ubwandu buri kugabannyuka. Ati: “Guhera tariki 18 kamena hatangiye ikingira ku bantu bari mu byiciro binyuranye uhereye ku myaka 18 byagabanyije abandura n’ibikorwa byinshi birafungura”.  Yakomeje asobanura ko ingaruka nziza zizagaragara mu byumweru bibiri. Mu karere ka Bugesera hari gutangwa inkingo 18,000, muri izo 5000 ziri gutangwa mu Murenge wa Nyamata.

Ubwo yasuraga igikorwa cyo kubaka ibitaro byimukanwa ku bitaro bya Nyamata Dr Mpunga Tharcisse Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubuzima,  yavuze ko inyubako izaba irangiye mu kwezi ku Ukwakira 2021.Ibyo bitaro bikazaba bifite ubushobozi bwo kwakira hagati y’abarwayi 100 na 150. Yongeyeho ko kuba bisobora kwimurwa bikajyanwa ahandi  bizafasha n'ibindi bice by'igihugu.