Mutandukanya nkongwa idasanzwe n'isanzwe

Abaturage bahinga Site ya Rusagara bigishijwe uburyo bwo kurwanya nkongwa idasanzwe.

Bahunde  Celestin agronome yibukije ko nkongwa idasanzwe yageze mu Rwanda 2017. Ati: "Kuyirwanya ni ukugabanya ubukana bwayo". Uburyo bwo kurwanya nkongwa idasanzwe mu bigori ni  ukwitegereza cyane cyane mu mwumba  w'ikigori ukayivanamo, uko umuhinzi agenda asura umurima iyo abonye ikigaragaramo umuhinzi akoresha imiti yica udukoko akurikije inama n'amabwiriza.

Bwana Bahunde Celestin ati : “Mutandukanya nkongwa idasanzwe n'isanzwe”. Abaturage bahinga mu kibaya cya Rusagara bigishijwe ibimenyetso bya nkongwa idasanzwe ababwira ko nkongwa idasanzwe itera amagi ku mababi y’ikigori ikagararagara mu masaha ya mugiondo na nimugoroba ubundi ikihisha mu mwumba w’ikigori igatungwa n’amababi y’ikigori. Nkongwa isanzwe yo igaragara mu kigori cyeze.

Imiti yica nkongwa  iterwa nyuma ya buri minsi itanu. Uko ugenda usura umurima niko ugenda ubona ko  yashize mu bigori igihe cyose nkongwa ikigaragara utera  umuti mu murima. Imiti iterwa mu gitondo na nimugoroba kandi ikagenda isimburanywa kugirango nkongwa itayimenyera. Ubundi buryo bwo kurwanya nkongwa idasanzwe ni uguhinduranya ibihingwa mu murima.

Site ya Rusagara ifite ubuso busaga 30ha buhingwaho n'abaturage b'umurenge wa Mayange na Nyamata.